Overblog
Editer l'article Suivre ce blog Administration + Créer mon blog
 Editions Sources du Nil  : Livres sur le Rwanda, Burundi, RDCongo

Ubuvanganzo

12 Décembre 2011 , Rédigé par Editions Sources du Nil Publié dans #Textes - poèmes

Froduald Harerimana

Imbeba

 

Zanyagiriwe ku kinani

Zitunzwe n’ibidatetse

Abahinzi basarura

Bashyira mu nzu

Bahunika ibigega

Bagateka, bakanarunga

Zigahumurirwa n’ibiryo byiza

Zigambanira kurutaha

 

Sarufigi ikaza amarere

Ikoranya zene wazo

Zihimba amayeri menshi

Zishaka inzira zitazwi

Ngo bigere mu kabwibwi

Zimanukana inkubiri

Zibwika mu ruhavu

Izindi zica mu cyanzu

Mu rugo haje umushyitsi

Bamutaramiye mu kirambi

Mu mvura y’amahindu

Inzugi zikinguye

Ziba ziseseye mu nzu

Ziti: “Ikivi turacyushye

Dutaye akabi k’ikinani

Duhunguje imbeho imbehe

Kuzageza ku buvivi

Nihazamo iby’umutasu

Hazavamo igannye irimbi”

 

Igifigi kijya ku muhigo

Kiti: “Nta kuba mu gisambu

Nzegukira ubusambo

Nzaba aho ndya neza

Abigora bahinga

Basarure banzanira

Ntamaze na Nzikubika

Ndakaze abari mu nzu

Mvugira mu miganda

 

Mwaze iyo miserebanya

Izerera inzu ku bisenge

Yitarika ku zuba

Aho imbere y’umuryango

Nk’aho iri ku izamu

Ntimenye ibiba mu nzu

Naho aha mu kigunda

Hazasigarayo imende

Na za Nyiramaheke

Ntiziyobewe ubwenge

Zone ibyo zishyikiye.

 

Zica ibintu se ari izihe?

Ubwiso ni ubunori

Utuguru ni utunimfu

N’utujanja ntidusamaje

Ariko ubwinyo ni nk’inkota

Zikoresha ubuzuru

Zikamenya ahaba ibiryoshye

 

Zigakenya ibiseke

Zigakeregeta ibyibo

Zigakindura ibirago

Urutete zikarutema

Zagera no ku myenda

Zigasongera abakannyi

N’inoti ntizizikangwa

Uwazigamiye ihembe

Ngo ataruha ajya kuri banki

Bakanamumenyera umutungo

Iyo zigeze ku kibiko

Zicagagura imizingo

Akayora ubushingwe

Ngo ushyingura amurika

Aba yereka izo nyagwa

 

Zirya imyaka zigana umuntu

Uwo ziciye urwaho

Yikojejeho ikimuri

Yihungije urumuri

Agatotsi kamutwaye

Zisesera mu buryamo

Zikamushishura ibirenge

 

Ngizo zikina mu nzu

Zikabarabara inkingi

Zikabambira imbariro

Inzu igahomwa ikadadirwa

Zikayikwizamo imyobo

Zikayongera ubwitso

Ngo hazacemo akuka

 

Iyo zikoranye agakungu

Zicengana mu bitebo

Ziranyaruka nk’umwambi

Zirenza agacucu

Hejuru mu gisenge

Umutego zirawuvuza

Zikaririma nk’umuriri

Ifigi umugaba wazo

Ikavuza ikivugirizo

 

Ntizimenyerwa gahunda

Zigenera amaryama

Anabaho ntawe ubizi

Ese mama zigwa agacuho?

Mu gicuku ziracukiriza

Ku manywa zikazerera

 

N’iyo yaba ari imwe

Aho ihahiye hose

Ntisiga itahaneye

Nko kongera iyo myaka

Yagera mu bishyimbo

Iti: “Munena umubyimba

Mukandya umubyindi”

 

Iyo iciye mu bantu

Ntibabura kwikanga

Ngo: “Ngiyo yo gahwera!”

Umwe ati: “Dore aho ivumbutse”

Undi ati: “Reka ivuye hariya”

Bikavamo impaka nyinshi

Ku byago bakanashwana

Batazi ko inabishaka

 

Nta cyiza kizwi cyayo

Ntizi no kuririmba

Ariko irajwigira

Ihemana mu bufindo

Igafunga amabinga

Igifuma kiyibonye

Ihuye na Nyirahuku

Cyangwa se Rwagakoco.

 

Gutungwa n’ibyo yiba

Iteka ntibiyihira

Bijya biyikenya ubugingo

Ngo yakurikiranye akaryoshye

Isesera munsi y'urusyo

Ihakura inda y'akabati.

 

Copyright © 2011

Froduald Harelimana

rubanda15@yahoo.com

Partager cet article
Repost0
Pour être informé des derniers articles, inscrivez vous :
Commenter cet article