Overblog
Editer l'article Suivre ce blog Administration + Créer mon blog
 Editions Sources du Nil  : Livres sur le Rwanda, Burundi, RDCongo

Ubuvanganzo

25 Novembre 2011 , Rédigé par Editions Sources du Nil Publié dans #Ikinyarwanda

Harelimana Froduald

Inzovu

 

Nyamunini mu ishyamba

Ngiyi aho ikimbagira

Iyo uruhu rw’ikijuju

N’umugongo mugari uhimbye

N’umunwa ufite ikinagana

Cy’igiheha ituma iheru

N’amahembe aba akigaragiye

N’amatwi angana intara

N’amaso y’ibishirira

N’ibitako by’imitumba

N’amaguru y’iminimba

 

Aba ni abayibonye

Bumve batangara:

Ego Mama rero,

Ego ko Nyirimanzi

Mwene Ruhamyantego

Yewe ga Dorosela

Ngo, urebe inzu yigenza

Iherekejwe n’akaruri

Mana y’i Kabgayi

Mbe Petero na Yohani

Ibi ni ibi mbonye:

 

Mbega Rugazibyambu!

Mbega Rumarasimbo!

Mbega Mukuzabondo!

Mbega Mukabyabyano!

Mbega Imaraburyamo!

Mbega Mukubangando!

Mbega Muzigashyamba!

Mbega Inkoranyasazi!

Mbega Indemabutayu!

 

Yewe, isi irikorera!

Imana yaremye byinshi

Ariko aha, yarakabije!

 

Ku byo ubunini n’ibigango

Ntibasha gukebuka

Ngo irebe ibyo inyuma yayo

Igendera inzira imwe

Yashaka guhindukira

Igasa nk’aho ikuba amakoni

 

Inzovu zibana ari umuryango

Zikanajyana zijya kurisha

N’aho zonnye hakaba imara

Ibyo zitariye zikanyukagura

Zavuza imirindi isi ikanyeganyega

Ngo zijya zicishamo zigakirana

Ngo iyo zirwanye, kabona ibyatsi

 

Ntizisagarira mwene muntu

N’uwo zoneye azamagannye

Ziramwumva zikavunura

Ntizihaririza zirwana

Zikazatera atarazireba

 

Ntayo izanga mu nyamaswa

Nazo kandi ntayo zijya zirwanya

Nta n’ibasha kuzigondera

No kuzimeneramo ari umuryango

Ninayo mpamvu zimara iminsi

Kuko zijyanwa n’urw’ikirago

Iyo atari abahigi bazangije

 

Uko iba nini ninako yiruka

Ngo ntakiyisumbya umuvuduko

Ishobora kwiruka rikarenga

Ngo yabera ntijya inanirwa

Kuko kandi itagira impumu

 

Barazizi ku isi hose

N’aho zitaboneka impagarike

Amahembe yazo azwiho agaciro

 

Kandi ngo imara iminsi ikaramba

Ngo isazira imyaka nka magana atatu

Ngo icyana kivukira imyaka ibiri

Genda nkungu uhaga iby’isi

 

Ngo izi n’ubwenge ntiyibagirwa

Nuwo yabonye mu myaka ijana

Ngo igombe imwibuke itajijinganya

Hakaba hagowe uzayigomera!

 

Mu Bantu se yaba ihagira akamaro?

Hari aho bakorera inzovu imitwaro

Hari n’aho bayijya imugongo

Ngo uwanga guhandwa yurira inzovu.

 

Inzovu itangarirwa ingano yayo

N’ikintu kinini bacyita inzovu

Niho izina Kamiranzovu rikomoka

Ndetse n’abarenzwe babyina Buyovu

 

Bagasakuza bati:

-Kiriyegetse hamayega:

* Ikiziha cy'inzovu

- Kagera iruje:

* Ikiziha cy'inzovu

 

Nyamara n’ubwo ntawe uyihangara

Ngo iyo irebye hirya uyipfura urwoya

 

Koko, ngo ntagahora gahanze

Ahabyutse inzovu haryama umukara

Iminsi iteka inzovu mu rwabya!

 

 

Copyright © 2011

Froduald Harelimana

Partager cet article
Repost0
Pour être informé des derniers articles, inscrivez vous :
Commenter cet article