Overblog
Editer l'article Suivre ce blog Administration + Créer mon blog
 Editions Sources du Nil  : Livres sur le Rwanda, Burundi, RDCongo

Amateke

6 Mars 2011 , Rédigé par Editions Sources du Nil Publié dans #Textes - poèmes

Amateke

 

Ni igihingwa cyera i Rwanda

Simpamya niba ariho akomoka

Ariko icyo nzi afite ubumanzi

Hinga nyarangire abatayazi

Maze mbabwire uko nayabonye

Ayo materambaraga, materamatsiko 

 

Amateke asanzwe ya Kinyarwanda

Burya ni ingare y’ingagare

Arikunga, akidegembya

Kuva agihingwa kugeza ahiye

Iteka arangwa n’ubwigenge

 

Mu murima yiharira ikibanza

Ntarindwa ibyonnyi n’utwakatsi

Nta kagungu iyahangara

Ntajya arwara ngo aterwe umuti

Ntajya atinya imvura n’imiyaga

Izuba ry’icyi ntiriyakanga

Ntashorozwa akurwa yeze

 

Bitindakuziko ni amateke!

Yaba Ncogeye n’amaranda

Ku mashyiga yiha ijoro n’umunsi

Inkwi zikagwira, inkekwe igahinda

Maze agatinda agatungana

 

Ujya kuyateka aratekereza

Agashiruka ubute, agashira ubwira

Agategura inkwi ziyahisha

Agategura ibyo akora atetse

 

Abatetse amateke baratarama

Bagatarura udukuru twinshi

Tw’aho biriwe, utwo bumvise

Aho bahinze, abo bahuye

Uwabahe, uwabahanuye

Sakwe Sakwe, Fora Ndinde?

Imigani mirerimire irambirana,

Kugeza bagiye kugana amariri.

 

Arusha ibindi biryo ubugare

Ntavogerwa aribwa ahiye

Yanze ibyo kwihinduza atarashya

Yanze kwotswa no kuyahekenya

N’ubwo yaba inkwana zayo

Yanze kugaraguzwa indosho nk’imboga

Yataye heru kurembwa iziko

No kuyasuzuma hato na hato

 

Atekwa yonyine, nta mvange

Ntiyiganda, atekwa uko ari.

Yanze kwamburwa uruhu rwayo

Yanga gutandukana n’abayo

 

Nta buhanzi mu kuyateka

Nta murundo w’ibikoresho

Byo kuyateka no kuyagabura

Ntawe atesha igihe n’umwete

Byo kuyatwerera ibirungisho

Aribwa yonyine bigakunda

Nta kuyatarira ubufatisho

 

Iyo bayataragaje ku nkoko

Akanuye amaso n’ibihu byayo

Wayatinyira indoro yayo

Ugirango aranga kukugwa mu nda

 

Amateke aribwa mu kinyabupfura

Ntagira impumuro imena ibanga

Ntibayatambana ku irembo

Uyarya aratuza akicara hamwe

Ntakenera ibyuma byo kwendesha

Asubura cyangwa atonora atamira

Arunda ingunda y’ibihu byayo

Atapfuna neza, akanjakanja

Atamira bunguri nk’igisambo

Nta guhuta ngo atamuhorana

Nta mpungenge zo kwiyanduza

 

Uwayariye ntiyandara

Kuko amutera imbaraga nyinshi

Ahubwo agendana ingufu zayo

Ndetse n’intambwe y’ishanjire.

 

© 2011

Froduald Harelimana, PhD

Ibiryo by’Iwacu (extrait).

Partager cet article
Repost0
Pour être informé des derniers articles, inscrivez vous :
Commenter cet article