Overblog
Editer l'article Suivre ce blog Administration + Créer mon blog
 Editions Sources du Nil  : Livres sur le Rwanda, Burundi, RDCongo

Twikomereze "Icyivugo cy'imfizi" cya Gasimba Farasisiko Saveri n°2

24 Juin 2009 , Rédigé par Editions Sources du Nil Publié dans #Textes - poèmes

Ubushize twasize Gasimba ataka Bangaheza ikimasa cy'inyama nziza, ubwo cyakomeje urugendo rwacyo kijya Rebero nako Ijabiro ku Kimihurura  bakesa hasi barakibaga.  Mwiyumvire namwe uko Gasimba avugana ubuhanga bwinshi intambara yo mu mu kwakira 1990, bamwe bifitiye urundi rubanza   (...)


Nubwo icyari kuri gahunda
Cyari kizwi na buri wese
Fondateri yasabye abaje
Ko mbere yuko bajya ku meza
Biga ikibazo ngorabahizi
Mu bikomereye igihugu cyacu,
Ikibazo cy'imbonezamirire.

Bakora inama bavuga byinshi
Hashize umwanya utari mutoya
Abakurikirana ibyo mu gikoni
Nabo bakorana umwete cyane
Barakaranga barabihumuza
Abari hanze bumva umwuka
N'abari kure bafata ku kabavu

***

Icyo gihe hari nka saa cyenda
Aho mu micyamo ya Nyarugenge
Habengerana ibicu birenga.

Imvura yari imaze guhituka
Ivumbi ryimutse ku bisenge
Amazu yakeye uko angana yose
N'isi itangiye kumuka
Umwuka wuhanya uzamuka
Ibicu bitamuruka umwete,
Maze akazuba k'akazuyazi
Kabambika Kigali yose
Wayireba uturutse ahandi
Wumva n'ako kanozangendo
Ntube wamenya ko mu Kwakira
Mu gitondo cy'uwa gatanu
Yahoze mu mva y'amasasu

Kacyiru na Kicukiro
Na Nyarugenge mukuru wazo
Ziyicariye aho ku nteko
Hagati y'imisozi y'ibisunzu
Mu mpinga ya Nyandungu
Indege itangira kuvumera
Itamba ku ijuru ry'i Kanombe
Irarembera ijwi rirarenga
Imaze kugenda indi irasuhuza
Inyoni ziguruka ziyakira
Ziyiririmbira wararaye
Zumva irere ryo mu kirere
Zibesanga ari ugusinda
Ubwuzu bw'ijuru ry'umurwa mukuru
Hasi imodoka zitembera
Nta ntugunda nta muvundo
Ahubwo zikiranya amahoni
Ugira ngo ni ubukwe bw'umukungu

***

Imodoka zose ku Kimihurura
Izizamuka n'izihamanuka
Iz'amafaranga n'iz'ubuntu
Barazijisha zirahagaragara
Ariko abagenzi ntibinuba
N'abihuta barabishima
Bumva umwuka uturuka hirya
Mu busitani butagatifu

Batuma izuru ku ibyo byiza
Ufite umugati akawuhatunga
Akawurya uhumura uko abishaka.

N'abari mu nzu babyumvise
Batana nk'inka zijya ku mariba
Bafata imyanya huti huti
Kuri gahunda aho ku mihanda
Nk'abakira umunyamabanga

Nta wagombye gukoma akamo
Akora animasiyo nka Bikindi
Ikindi kandi ushonje nabi
Ntabwo atana no guhunahuna

(Tuzakomeza ubutaha)
Partager cet article
Repost0
Pour être informé des derniers articles, inscrivez vous :
Commenter cet article
N
Ikinyarwanda kiragoye: ko nta ntambara yo mukwakira mbonye mu gisigo cya Gasimba?
Répondre
E
<br /> Byagucitse kuko yivugiraga ko abantu bari bahuze<br /> <br /> <br />